Skip to main content Skip to page footer
Urubuga rwemewe rwa Leta y’u Rwanda

Gahunda y’Intore mu biruhuko yatangijwe ejo mu Tugari twose two mu Karere ka Gasabo

Gahunda y'Intore mu biruko  yatangijwe mu tugari twose tugize Akarere ka Gasabo ikazasozwa ku  italiki ya 29/08/2025

Ku rwego rw'Akarere iyi gahunda yatangirijwe mu Murenge wa Gikomero  Akagari ka Munini.

Insanganyamatsiko: Ubuzima bwiza Agaciro Kanjye.

Intego ya gahunda  y'Iintore mu biruhuko ni ugutoza abana n'urubyiruko  gukunda Igihugu, baharanira kwigira no kugira uruhare mu Iterambere ryacyo kandi barangwa n'Indangagaciro  na Kirazira by'umuco nyarwanda.

Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere yashimye urubyiruko rwitabiriye asaba n'ababyeyi kujya bohereza abana kwitabira iyi gahunda kuko izabafasha gukura neza  barangwa n'Indangagaciro z' abanyarwanda.

Mu myaka 10 ishize, muri buri biruhuko, hagiye hashyirwaho gahunda yo kwita ku rubyiruko mu gihe cy’ibiruhuko 

Igamije gukomeza kubungabunga ubuzima bw’urubyiruko mu gihe cy’ibiruhuko, kubarinda ubuzererezi no gukomeza kubatoza umuco wo gukunda Igihugu

Izi Ntore zizajya zitozwa gatatu mu cyumweru: . Ku wa Mbere, ku wa Gatatu no ku wa Gatanu kuva saa 13:30 -16:00.

Iyi gahunda izitabirwa n’urubyiruko n’abana mu byiciro bitandukanye.

Icyiciro cya mbere kigizwe n’abana b’imyaka 10 – 13

Icyiciro cya Kabiri kigizwe n’abana bafite imyaka 14-16.

Naho icyiciro cya Gatatu cyiginzwa na abafite 17 -30

Aaba bana bazahabwa ibiganiro bitandukanye bibafasha kuba abanyarwanda bafite Indengagaciro nyarwanda.