Mu Karere ka Gasabo hatangijwe Urugerero rw’Inkomezabigwi icyiciro cya 13
Ku munsi wa Kabiri, mu Mirenge yose y'Akarere ka Gasabo hatangjjwe Urugerero rw'Inkomezabigwi icyiciro cya 13, rwitabiriwe n'urubyiruko rwarangije amashuri yisumbuye mu mwaka wa 2024/2025. Ku rwego rw'Akarere, iyi gahunda yatangirijwe mu Murenge wa Kinyinya
Mu ijambo rye atangiza Urugerero rw’Inkomezabigwi icyiciro cya 13, Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yabwiye izi Ntore ko nyuma yo gutozwa hazakurikiraho igikorwa cyo gutumwa ku rugerero aho hateganyijwe kuzakora imirimo ikurikira:
▶️Kuvugurura ubusitani,
▶️Gusana inzu z’abatishoboye,
▶️gucukura ingarani, kubaka Uturima tw’Igikoni,
▶️Gusibura inzira z’amazi,
▶️guharura imihanda
Bazafasha kandi Ubuyobozi mu bukangurambaga butandukanye cyane cyane hibandwa ku kwigisha abaturage umuco w’isuku n’isukura, n’uruhare rwabo mu gukemura ibibazo bibangamiye imibereho myiza y’abaturage, kwitabira Ingo Mbonezamikurire zita ku bana bato, no kurwanya imirire mibi.
Yababwiye kandi ko nk’Ubuyobozi barabasaba kuzitabira ibyo bikorwa kandi mukubahiriza igihe, mugakora nk’abubaka Igihugu cyabo. Uwanyuze mu Itorero aba afite byinshi atandukaniyeho n’abandi, cyane cyane mu rwego rw’imyumvire, imitekerereze, imyifatire, imyitwarire, imivugire, imigenzereze, ikinyabupfura, n’ibindi