Skip to main content Skip to page footer
Urubuga rwemewe rwa Leta y’u Rwanda

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali yagiranye inama n’abakuru b’Imidugudu mu Karere ka Gasabo

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri,  Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali ari kumwe n'Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere bagiranye  inama n'Abakuru b'Imidugudu  yose mu Karere ka Gasabo, Abanyamabanga Nshingwabikorwa b'Imirenge n'Utugari n'Abayobozi b'Amashami mu Karere. 

Umudugudu ni rwo rwego rwegereye abaturage  bityo inama nk’izi zibafasha kunoza imikorere n’imikoranire y’Inzego, kwisuzuma aho bitagenda neza no gufata ingamba kucyakorwa kugira ngo Umuturage ahore ku Isonga

Mu ijambo rye Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere yatangiye ashimira akazi keza k'ubwitange Abakuru b'Imidugudu bakora

Yavuze kandi  intego y’iyi nama  ko ari urubuga rwo kongerera abayobozi ubumenyi n’ubushobozi mu gufata ingamba zinoze zo gukemura ibibazo byugarije abaturage, kunoza isuku n’isukura no kunoza imitangire ya serivisi

Yongeyeho ko Umuyobozi mwiza ari uba ufite amakuru, akarangwa n’Ubunyangamugayo, kugira icyerekezo cy’aho yifuza kugeza abo ayobora, atega amatwi arangwa n’ubushishozi mubyo avuga kandi ashyira imbere inyungu z’abo ayobora, asaba kongera gutekereza ku mikorere yacu.

 Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali  yaganirije aba bayobozi kuri gahunda zikurikira:

1. Inshingano z'Umukuru w'umudugudu

2. Umutekano

3. Isuku n'isukura

Umuyobozi yabasabye  kwita ku nshingano zabo, bakamenya Ifasi,  ibibazo bihari n'uburyo bwo kubikemura.

Yabasabye kwita ku isuku n'umutekano  mu Midugudu bayoboye  kugira ngo umuturage ashobore  kubaho neza kandi batekanye.