Ikibazo cy’imanza za Gacaca zitararangizwa cyavugutiwe umuti
Uyu munsi tariki 23 Gicurasi 2019 hateranye inama nyunguranabitekerezo ku irangizwa ry’imanza (by’umwihariko iza Gacaca) n’izindi nyandiko mpesha. Yayobowe n’Umuyobozi w’akarere ka Kayonza Murenzi Jean Claude, yitabirirwa n’abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge n’ab’utugari bakaba n’abahesha b’inkiko batari ab’umwuga, inzego z’umutekano, Umufatanyabikorwa RCN Justice & Democratie, abakozi b’ibiro by’ubutabera bishinzwe kugira inama abaturage ku rwego rw’akarere (MAJ), abahesha b’inkiko b’umwuga, abahagarariye IBUKA mu karere, CNLG, n’abandi.
Afungura iyi nama, Umuyobozi w’Akarere ka Kayonza yagize ati: “hashize imyaka myinshi jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 ihagaritswe, kuko ubu turimo kwibuka ku nshuro ya 25. Umuntu wacitse ku icumu akaba atararihwa imitungo ye yangijwe, urumva ko mu by’ukuri aba atarabona ubutabera.
Nkatwe abayobozi, ni inshingano zacu kugirango abacitse ku icumu basubizwe uburenganzira bwabo ku mitungo, babone ubutabera bukwiye. Turacyafite imanza nyinshi za Gacaca zitararangizwa, bisaba ko twongeramo imbaraga, ari abahesha b’inkiko b’umwuga n’abatari ab’umwuga kugirango turebe ko izi manza zarangira
Yakomeje muri aya magambo: “Muri iyi nama turafata umurongo cyangwa ingamba kugirango abangije imitungo muri jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 bayirihe, n’ubwo hari imanza zigifite ibibazo nk’aho abishyuzwa usanga nta bushobozi bafite, batakiriho n’ibindi, ariko nibura iziri mu bushobozi bwacu zirangizwe (zigabanuke). Kandi izo nazo zifite ibizazo tuzigaragaze zigweho n’inzego zibifitiye ububasha.
Hugo Moudiki Jombwe, Umuyobozi w’umuryango RCN utegamiye kuri Leta uharanira iyubahirizwa rw’uburenganzira bw’ibanze bwa muntu, harengerwa by’umwihariko uburenganzira ku butabera ndetse n’uburenganzira bwemewe n’amasezeramo mpuzamahanga ukaba n’umufatanyabikorwa muri iyi nama, yagize ati: natwe ku ruhande rwa RCN turabizeza ko tugiye kubaba hafi, mu gihe igikorwa cyo kurangiza imanza kizatangira tuzaba turi kumwe n’akarere dutange ubufasha butandukanye kugirango izo manza zirangire mu mirenge no mu tugari.
Yakomeje agira ati: Mu ntumbero ya RCN tuzi ko umuntu wese agomba guhabwa ubutabera ariko ubwo butabera ntibwagerwaho hatabayeho kurangiza imanza. Biragaragara ko n’ubwo twagize uruhare mu kunganira ubutabera bwa Gacaca imanza zigacibwa, ariko kuri uyu munsi tubona ko hari imanza twashyigikiye zigacibwa ariko ntizishyirwe mu bikorwa bikaba bikiri ikibazo.
Abitabiriye iyi nama bunguranye ibitekerezo mu matsinda baganira ku ngingo zitandukanye, nk'imbogamizi zituma izi manza zitarangirizwa igihe n'ingamba zafatwa kugirango hatangwe ubutabera bukwiye.


ZIMWE MU MBOGAMIZI ZAGARAGAJWE
• Uwishyuzwa udafite imitungo imwanditseho
• Abishyuzwa badafite ubwishyu/imitungo
• Inyandikompesha cyangwa ibyemezo bya gacaca bitujujwe neza
• Abishyuzwa batuye mu mafasi atandukanye
• Uwishyuzwa utazwi aho aherereye
• Abishyuzwa bafunzwe
• Imanza zidafite kashempuruza
• Kuba nta marangizarubanza y’umwimerere ahari
• Abishyuza imitungo bacitse intege kubera ko imanza zabo zitarangizwa/ ntibakurikirane
• Ubushobozi buke bw’urangirizwa urubanza (gukoresha igenagaciro/expertise, icyamunara)
• Ubufatanye buke hagati y’urangiza urubanza n’uwishyurizwa mu gihe adakorera ku gihe ibyo amusaba
• Kudahabwa amakuru ku gihe n’abashinzwe iby’ubutaka
• Ubumenyi budahagije ku irangiza ry’imanza ku bahesha b’inkiko batari ab’umwuga
• Kugira inshingano nyinshi ku bahesha b’inkiko batari ab’umwuga
BIMWE MU BYAKORWA
• Gukora ubukangurambaga mu kumvikanisha abishyuzwa imitungo n’abishyuza
• Gukora ubukangurambaga abafite imanza zose babitse bakazigaragaza
• Gukora raporo y’imanza za gacaca zifite ibibazo zidashobora kurangizwa
• Ubufatanye bw’abahesha b’inkiko b’umwuga n’abatari ab’umwuga na sosiyete sivile mu kwihutisha irangiza ry’imanza
• Gushyiraho amategeko agenga imirimo nsimburabwishyu
• Guhugura abahesha b’inkiko batari ab’umwuga ku mategeko arebana n’irangiza ry’imanza
• Kutabangikanya inshingano zo kurangiza imanza n’indi mirimo
• Kwegeranya amakuru no gushyiraho komisiyo ishinzwe gukurikirana ibibazo bigaragara mu manza zaciwe n’inkiko gacaca
• Gushyiraho umunsi wihariye wo kurangiza imanza za gacaca