Imiryango 407 igizwe n'abantu 1438 yahawe ibiribwa

Uyu munsi, ku bufatanye bw'Akarere ka Kayonza n’Umufatanyabikorwa Partners in Health (Inshuti mu buzima), hatanzwe ibyo kurya ku miryango igizwe n’abantu batagikora (abo akazi kabo kahagaze bababaye kurusha abandi) kubera ingamba zashyizweho zo kurwanya COVID19 zo kuguma mu rugo, nk’abamotari, abakarani, abafundi, abayede, abanyonzi, abakoraga ibyo gutunganya imisatsi, n’abandi.

Imiryango yagaburiwe ni 407 yo mu mirenge ya Kabarondo, Umurenge wa Nyamirama (akagari ka Musumba) n’umurenge wa Rwinkwavu, yose ikaba igizwe n'abantu: 1438. Ibyo kurya bahawe bigizwe: n’umuceri: 2,500kg, Kawunga: 2,500Kg, Ibishyimbo: 1,440kg, Ubuto : 1,167Litres, Sosoma: 1,008kg n’isukari: 1,100kg.

Umuyobozi w’akarere ka Kayonza Murenzi Jean Claude yabashishikarije gukomeza gukurikiza ingamba zashyizweho zo kurwanya icyorezo cya Coronavirus, baguma mu rugo kuko ari bwo buryo bwiza bwo kwirinda ko cyakomeza gukwirakwira. Yabasabye kandi gukomeza gukangukira ibikorwa by'ubuhinzi cyane cyane ko Kayonza ari akarere k'ubuhinzi n'ubworozi.

Shyaka Eduard uhagarariye Partners in Health mu karere ka Kayonza: ibi biryo ni ibibafasha gukomeza kubaho kandi muguma mu rugo. Nitutubahiriza izi ngamba zo kuguma mu rugo, ibihe turimo tuzakomeza kubijyamo kuko tuzajya dukomeza kwanduzanya, ariko nitwubahiriza izi ngamba iki cyorezo tuzagihashya vuba dusubire mu buzima bwacu bisanzwe.