Umunsi mpuzamahanga wahariwe kwita ku mutima wahujwe na siporo rusange
Kwizihiza umunsi mpuzamahanga wahariwe kwita ku mutima byahujwe na siporo rusange nka bumwe mu buryo bwo kurinda umutima gufatwa n’indwara zitandukanye. Iyi siporo rusange yitabiriwe na Guverineri w'intara y'i Burasirazuba Mufulukye Fred, Umuyobozi w’akarere ka Kayonza Murenzi Jean Claude, Umuyobozi wa Polisi mu karere SSP Rubamba Victor, umuyobozi w'inkergutabara mu karere Major Rusanganwa, abafatanyabikorwa batandukanye, abayobozi n’abakozi mu kigo k’igihugu gishinwe ubuzima RBC, abaturage bo mu mirenge ya Mukarange, Nyamirama, Kabarondo ndetse n’abandi b’ingeri zitandukanye
Uyu munsi wari ufite insanganyamatsiko igira iti: "ba intwari y'umutima wawe", abawitabiriye basabwe kwirinda indwara y'umutima n'izindi ndwara zitandura, bakora siporo, kugabanya ibiro, kwisuzumisha hakiri kare mu rwego rwo kureba uko ubuzima bwabo buhagaze no kwirinda ibiryo n'ibinyobwa bifite isukari, umunyu n’amavuta byinshi.
Basabwe kandi kugerageza gukora imirimo igabanya isukari n'ibinure mu mubiri, kugabanya cyangwa kureka kunywa inzoga nyinshi, kwirinda umubyibuho ukabije ndetse no kwivuza neza indwara ya gapfura (engine) igihe umuntu ayirwaye, kuko nayo yongera ibyago byo kurwa umutima.
Umuyobozi w’akarere ka Kayonza Murenzi Jean Claude yagize ati: “Siporo ni ubuzima n'ubwo tutayikora ku kigero kingana ariko buhoro buhoro umuntu aramenyera, kandi ituma agira ubuzima bwiza.
Guverineri w’Intara y’I Burasirazuba yagize ati: dufate ingamba zo kugira siporo umuco. Iyo ushaka kugira ubuzima bwiza, ukora siporo.
Dr Ntaganda Evariste ukora mu kigo cy’igihugu gishinzwe ubuzima RBC yagize ati: uyu munsi twawuteguye kugirango dutange ubutumwa bushishikariza abantu kurushaho kwirinda indwara z’umutima kuko ari ikibazo gikomeye, ndetse n’indwara zitandura muri rusange kuko zugarije isi. Nk’iz’umutima zonyine zihitana 20/ 100 by’abantu bose bicwa n’indwara zitandura. Imbaraga dushyira mu kurwanya indwara zandura nka SIDA n’izindi, abe ari nazo dushyira mu kurwanda indwara zitandura nka cancer, diabete hepatite n’izindi.